KARONGI KURI HOTEL GOLF: AMAHUGURWA Y’IMINSI 2 YATEGURIWE ABAHAGARARIYE INAMA Y’IGIHUGU Y’ABAGORE K’URWEGO RW’IMIRENGE
None tariki ya 27.4.2022, mu cyumba cy’inama cya Golf Hotel, hari kubera amahugurwa azamara iminsi 2 y’abagize inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Imirenge yo mu Ntara y’Iburengerazuba

Aya mahugurwa y’abagize inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’imirenge yatangijwe ku mugaragaro n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba Madamu UWAMBAJEMARIYA Florence

Mu gutangiza aya mahugurwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara yibukije ko biri muri gahunda ya Leta yo gushimangira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye m’umuryango, aho intego ari ukugira umuryango ushoboye, utekanye kandi utera imbere, akaba ari muri urwo rwego bagomba kwibanda ku bibazo bikibangamiye umuryango n’uburyo bya kemuka nkaba Mutima w’urugo.

Yabasabye guha agaciro aya mahugurwa bateguriwe, bazirikana ko Leta y'U rwanda yabasubije agaciro, bityo umugore nawe akaba agomba gukomeza guharanira kuba umusingi w'iterambere Igihugu cyifuza nk'uko biri mubikubiye muri gahunda ya NST1.