Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

INTARA Y'IBURENGERAZUBA

Intara y’Iburengerazuba ni imwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali zigize Igihugu. Iherereye mu Burengerazuba bw’Igihugu aho ihana imbibi mu Majyaruguru n’Intara y’Amajyaruguru ndetse n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; mu burasirazuba ihana imbibi n’Intara y’Amajyepfo; mu Majyepfo igahana imbibi n’Igihugu cy’Uburundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo naho mu burengerazuba igahana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Icyicaro cy’Intara kiri mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Bwishyura kuva muri Mutarama 2006 yashyirwaho.

Telephone: 3639

Email:info@westernprovince.gov.rw

 

Amakuru y'ingenzi y'Intara y'Iburengerazuba

7

Uturere

96

Imirenge

538

Utugari

5,882

Ubuso/km2

693

Ubucucike/km2

2,896,484

umubare w'abaturage (2022)

Inshingano z'Intara

Intara ifite inshingano zikurikira:

1° Gukurikirana no kugira inama Uturere mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta;

2° Gukorera Uturere ubuvugizi;

3° Kugira  inama  Uturere  ku  bikorwa by’amajyambere;

4° Kwita ku bikorwa byo kubungabunga umutekano w’abantu n’ibintu;

NTIBITURA Jean Bosco

Guverineri w'Intara

governor@westernprovince.gov.rw

Guverineri w’Intara Guverineri w’Intara ahagarariye Leta mu Ntara kandi ni we ushinzwe guhuza ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano z’Intara. Guverineri w’Intara afite inshingano zikurikira: 1° Kuyobora inzego z’imirimo ya Leta ku Ntara; 2° Kugira inama inzego z’ibanze mu mikorere yazo; 3° Kugira inama Uturere mu bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu n’ibintu; 4° Kumenyesha ubuyobozi bukuru bw’Igihugu uko Intara iteye n’ikiyibayemo cyose gikwiye kwitabwaho; 5° Gutumiza no kuyobora inama ya Komite y’umutekano; 6° Gutanga raporo ku mikorere y’ Intara n’Uturere tuyigize; 7° Kugenzura ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yemejwe; 8° Gutumiza rimwe mu mwaka n’ikindi gihe cyose bibaye ngombwa inama nyunguranabitekerezo ihuza abayobozi batandukanye b’inzego za Leta cyangwa ihuza abayobozi b’inzego za Leta n’iz’abikorera bakorera mu Ntara; 9° Gukora indi mirimo iri mu nshingano ze yasabwa n’inzego zimuyobora.

UWAMBAJEMARIYA Florence

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara

executive@westernprovince.gov.rw

Ubunyamabanga Nshingwabikorwa: Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bw’Intara bugizwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa n’abandi bakozi bashyirwaho hakurikijwe amategeko abigenga. Abakozi b’Intara bagengwa na sitati rusange igenga abakozi ba Leta n’inzego z’imirimo ya Leta. Inshingano z’Umunyamabanga Nshingwabikorwa: Umunyamabanga Nshingwabikorwa ashinzwe ibi bikurikira: 1°Gutanga amabwiriza ku bakozi b’Intara, guhuza no kugenzura ibikorwa byabo; 2°Gutegura igenamigambi ryo ku rwego rw’Intara no gukurikirana uko rishyirwa mu bikorwa; 3°Gusuzuma amadosiye n’izindi nyandiko zigomba kwemezwa cyangwa gushyirwaho umukono na Guverineri w’Intara; 4°Kuba Umuyobozi Mukuru ushinzwe gucunga ingengo y’imari y’Intara akora cyane cyane imirimo ikurikira: a.Kukurikirana iyinjira n’isohoka ry’amafaranga ku rwego rw’Intara b. Gukurikirana imikoreshereze y’umutungo w’Intara no guha Guverineri w’Intara raporo; 5°Gukurikirana imirimo ikorerwa ku rwego rw’Intara; 6°Gukurikirana itangwa ry’amasoko ku rwego rw’Intara; 7°Gukurikirana no kugenzura imishinga ihuriweho n’Uturere; 8°Kwita ku ikoranabuhanga n’ubumenyi by’abakozi b’Intara no kubongerera ubushobozi; 9°Gusimbura Guverineri w’Intara iyo adahari; 10°Kuyobora no guha amanota ku rwego rwa mbere abakozi b’Intara; 11°Gutegura umushinga wa gahunda y’ibikorwa by’Intara akawushyikiriza Guverineri w’Intara na we akawushyikiriza Minisitiri ufite Ubutegetsi bw’Igihugu mu nshingano ze kugira ngo awemeze; 12°Gutegura imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’Intara kugira ngo ishyikirizwe inzego zibishinzwe; 13°Gukora undi murimo wose yahabwa na Guverineri w’Intara ujyanye n’inshingano z’Intara.